Mu buzima hari ubwo bigukomerera ukumva ibibazo wabihunga ariko reka nkubwire ibihe urimo gucamo uyu munsi hari igihe uzabiteramo urwenya. Izi nama zirakugaruramo imbaraga:
1. Ushobora kuvuga amagambo arenga igihumbi uwo ubwira ntakumve, ariko ku isi ituwe n’abantu barenga miliyari umunani hari umwe ushobora kukumva utiriwe unavuga.
2. Biba byiza cyane kumenya aho unanirirwa kurusha aho ushoborera kuko iyo umenye ukuguru kunaniwe wirinda kukwishingikirizaho.
3. Bamwe muri twe dutinya guhemuka atari uko tutahemukiwe ahubwo turamutse dukoze nk’ibyo twakorewe twagira imitima nk’iya kinyamanswa.
4. Umunyembaraga ntago ari utaragwa narimwe ahubwo ni uwabashije guhaguruka nyuma yo kugwa.
5. Nibavuga ngo akabando k’iminsi gacibwa kare kakabikwa kure ujye ubyumva kabiri, buriya Nowa ntiyubatse inkuge imvura irimo kugwa ahubwo yayubatse mbere y’uko igwa.

Ndabarushimana Samson
Delete Comment
Are you sure that you want to delete this comment ?
Caleb Nkunzimana
Delete Comment
Are you sure that you want to delete this comment ?
Nzohabonimana Innocent
Delete Comment
Are you sure that you want to delete this comment ?